28.09.11 - TPIR/SETAKO - UBUJURIRE BWEMEJE IGIHANO NUBWO YAHAMWE N'IBYAHA BIREMEREYE

Arusha, 28 Nzeri 2011 (FH) - Urugereko w'ubujurire rw'Urukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (TPIR) rwemeje igihano cy'igifungo cy'imyaka 25 cyahanishijwe mu rwego rw'iremezo Liyetena-colonel Efuremu Setako kubera ibyaha bya jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu n'ibyaha by'intambara. Nubwo bwose rutongereye igihano, rwasanze ahamwa n'ikindi cyaha cy'inyongera, ari cyo cy'« ubuhotozi nk'icyaha cy'intambara ».

Ubujurire bw'ubwunganizi ntibwakiriwe. Bwasabaga ko yagirwa umwere kubera ukwivuguruza kw'abatangabuhamya bamushinja ibyerekeranye n'ubwicanyi bwabaye ahantu habiri.

Uyu musirikare wo mu rwego hejuru, ubu ufite imyaka 62, yari umuyobozi w'ishami ry'amategeko muri Minisiteri y'ingabo z'igihugu mu 1994. Yari yahamwe n'ibyaha bya jenoside, kurimbura imbaga (nk'icyaha cyibasiye inyokomuntu) n'icyo guhungabanya ubuzima (nk'icyaha cy'intambara), taliki ya 25 gashyantare 2010, cyane cyane kubera uruhare rwe mu iyicwa ry'abatutsi 50 bari bahungiye mu kigo cya Mukamira (mu Ruhenegeri) ku italiki ya 25 mata n'iya 11 gicurasi 1994.

Urukiko rw'ubujurire rwasanze ko ku byerekeye iyicwa ry'abantu ryabaye taliki ya 11 gicurasi, Efuremu Setako yagombye kuba yarahamijwe n'icyaha cy' « ubuhotozi », ibi urwego rw'iremezo rukaba rutarabyitayeho. Umucamanza Fausto Pocar we kuri iki kibazo nyirizina yatanze ibitekerezo binyuranyije n'abandi.

Setako wavukiye muri Nkuli muri perefegitura ya Ruhengeri mu 1949 yatawe muri yombi taliki ya 25 gashyantare 2004 mu gihugu cy'Ubuholandi, yimurirwa muri gereza y'umuryango w'abibumbye iri Arusha. 

Urubanza rwe rwatangiye kuburanishwa taliki ya 25 Kanama 2008 rupfundikirwa taliki ya 26 Kamena 2009.

SRE/ER

© Agence Hirondelle