03.08.12 - CPI/GBAGBO - IBURANISHA RYO KWEMEZA IBYAHA GBAGBO AREGWA RYARASUBITSWE
Arusha, 3 août 2012 (FH) - Urukiko mpanabyaha mpuzamahanga (CPI) rwasubitse iburanisha ryo kwemeza ibyaha mu rubanza ruregwamo Laurent Gbagbo, mu gihe hategerejwe ibyemezo by’abaganga byagaragaza ko afite ubushobozi bwo kuryitabira, nk’uko iyi nkuru yamenyekanye ku wa gatanu.
Itangizwa ry’iri buranisha ubundi ryari riteganyijwe kuba ku italiki ya 13 kanama.
Bisabwe n’urwego rw’ubwunganizi, taliki ya 26 kamena, urugereko ryashinze abaganga batatu b’inzobere gusuzuma uwahoze ari perezida wa Cote d’Ivoire, hagamijwe kugaragaza niba ashobora kuzitabira iryo buranisha.
Raporo zakozwe mu ibanga n’abaganga zashyikirijwe abacamanza ku italiki ya 19 Nyakanga, nk’uko bivugwa na CPI mu itangazo ryatangajwe ku rubuga rwayo rwa interineti.
« Mu cyemezo cyarwo (cyo ku wa kane), urugereko rw’urukiko rutegetse umushinjacyaha n’itsinda ry’ubwunganizi kuba barushyikirije ibitekerezo byabo kuri raporo z’abaganga, bitarenze tariki ya 21 Kanama», nk’uko bisobanurwa n’iyi nyandiko. « Bitewe n’uburemere bw’iki kibazo, urugereko rusubitse iburanisha rizemezwamo ibyaha (aregwa) kugeza iki kibazo kibonewe umuti», nk’uko iri tangazo rikomeza ribivuga.
Laurent Gbagbo yatawe muri yombi mu gihugu cye ku italiki ya 11 mata 2011, yoherezwa mu Rukiko mpanabyaha mpuzamahanga ku italiki ya 30 Ugushyingo muri uwo mwaka. Yagejejwe bwa mbere imbere y’abacamanza ba CPI ku wa 05 Ukuboza 2011.
Umushinjacyaha w’Urukiko mpanabyaha mpuzamahanga amukurikiranyeho ibyaha byibasiye inyokomuntu : ubuhotozi, gusambanya abagore ku ngufu, ubugizi bwa nabi bushingiye ku gitsina, itoteza n’ibikorwa bitesha ikiremwamntu agaciro, byakozwe hagati y’italiki ya 28 Ugushyingo 2010 na Gicurasi 2011.
Uyu mugabo wahoze ari perezida, uvuga ko yahohotewe ku bw’akagambane k’umuryango mpuzamahanga, we yemeza ko ari umwere.
SRE/ER
© Agence Hirondelle


