19.09.11 - TPIR/NGIRABATWARE - UMUCAMANZA WO MURI GACACA YASHINJUYE NGIRABATWARE
Arusha, 19 Nzeri 2011 (FH) - Umucamanza wo mu nkiko gacaca wahamagajwe ku wa mbere imbere y'Urukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (TPIR) yahakanye atsemba ko atigeze yumva na rimwe ko uwahoze ari mInisitiri w'imigambi ya Leta Agusitini Ngirabatware yaba yaragize uruhare urwo ari rwo rwose muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Inkiko gacaca zishingiye ku muco nyarwanda ubu zisa n'izashoje imirimo yazo zari zahawe inshingano yo kuburanisha abenshi mu bakekwaho kuba baragize uruhare muri jenoside.
Ngirabatware, ukurikiranyweho ibyaha bya jenoside n'Ibyaha byibasiye inyokomuntu, aregwa kuba, by'umwihariko, ariwe wabaye nyirabayazana w'iyicwa ry'abatutsi muri komini avukamo ya Nyamyumba, mu majyaruguru.
« Nta na rimwe nigeze numva, yaba umuntu ukekwaho jenoside, umutangabuhamya cyangwa se uwahohotewe, avuga ko Ngirabatware yaba yarigeze yivanga mu bikorwa bya jenoside. Iyo aza kuba hari umuntu wamuvuze, tuba twaramukoreye dosiye imushinja, tukayishyikiriza inzego zibishinzwe kandi zibifitiye ububasha kugira ngo aburanishwe », nk'uko uyu mutangabuhamya yabitangarije urukiko.
Uyu mutangabuhamwe wahimbwe DWAN49 kubera umutekano, yanatangaje ko nta na rimwe we ubwe yigeze abona Ngirabatware muri iriya komini kuva muri Mutarama kugera muri Nyakanga 1994.
Na none ariko, urukiko rumaze kwanga icyifuzo cy'uyu mugabo wahoze ari minisitiri cyasabaga ko igihugu cya Togo cyaregwa imbere y'inteko y'Umuryango w'Abibumbye kubera cyanze ubufatanye. Abunganizi bwa Ngirabatware barega abayobozi b'i Lome kuba batarakoze ibishoboka ngo baborohereze bashobore kugirana ibiganiro n'umuntu ukekwaho kuba afite ubuhamya yatanga ufite ubwenegihugu bwa Togo.
Urukiko rwasanze iki kirego cyaraje imburagihe, ariko rusaba abayobozi b'iki gihugu cyo mu burengerazuba bw'Afurika gufasha abunganizi b'uyu mugabo wahoze ari umuyobozi kugira ngo babonane n'uriya bakeka ko yaba umutangabuhamya.
Urubanza rwatangiye ku itariki ya 22 Nzeli 2009, umushinjacyaha akaba yararangije gutanga ibimenyetso bye ku itariki ya 31 Kanama 2010 amaze guhamagaza abatangabuhamya babarirwa muri 20.
Ngirabatware, ufite impamyabushobozi y'ikirenga yakomoye muri kaminuza ya Fribourg mu Busuwisi, mu gihugu cye yabaye umwalimu muri Kaminuza y'u Rwanda kuva mu 1986 kugeza mu 1994, hanyuma aba na Minisitiri w'imigambi ya Leta kuva mu 1990 kugeza mu 1994.
Ubwo yari mu buhungiro kuva muri Nyakanga 1994, yakoze mu bigo binyuranye by'ubushakashatsi muri Gabo no mu Bufaransa.
Ngirabatware yatawe muri yombi mu Budage ku itariki ya 17 Nzeli 2007, akaba ari mu maboko ya TPIR kuva ku itariki ya 8 Ukwakira mu 2008. Urubanza rwe rwatangiye kuburanishwa taliki ya 22 Nzeri 2009, hanyuma umushinjacyaha asoza igikorwa cyo kumushinja taliki ya 31 Kanama 2010.
SRE/ER
© Agence Hirondelle


